Ubukerarugendo: U Rwanda rwakiriye inkura zera 70

Ubukerarugendo: U Rwanda rwakiriye inkura zera 70

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Kamena 2025, African Parks n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), batangaje ko bimuriye inkura zera 70 zaturutse muri Afurika y’Epfo zizanwa muri Pariki y’Igihugu ya Akagera mu Rwanda.

Uku kwimurwa kwabaye mu byiciro bibiri, buri cyiciro kigizwe n’imvubu 35, bikaba byarakurikiranye mu gihe cy’iminsi itatu.

Igice cya nyuma cy’urugendo rw’ibirometero 3,400 cyarangiriye aho izo nkura zari zitwawe mu modoka buri imwe iri mu isanduku y’icyuma itandukanye, zivuye muri Munywana Conservancy (Afurika y’Epfo) zijya ku kibuga cy’indege cya King Shaka International Airport i Durban.

zerekeza ku kibuga cy’indege cya Kigali, hanyuma zerekezwa muri Pariki y’Akagera n’imodoka.

Iyi pariki, iherereye mu burasirazuba bw’u Rwanda, ifite ubuso burenga kilometero kare 1,000. Irimo ibinyabuzima bitandukanye birimo savane, ibishanga n’amazi.

Umubare w’inyamaswa muri Akagera wiyongereye uva munsi ya 5,000 mu mwaka wa 2010 ugera hafi ya 12,000 muri iki gihe.

Nk’uko byatangajwe na RDB, iyi gahunda ikomeye, iri muri gahunda ya African Parks yitwa Rhino Rewild Initiative, kandi yatewe inkunga n’Ikigega cya Howard G. Buffet Foundation, igamije kongerera umubare w’inkura  zera mu kagera kugira ngo zigire uruhare runini mu bikorwa byo kurengera izo nyamaswa mu karere, no gukomeza gushyigikira uruhare u Rwanda rugenda rugira mu bikorwa mpuzamahanga byo kubungabunga inkura.

Intego ya Rhino Rewild Initiative ni ugusubiza inkura zirenga 2,000 mu duce tw’umutekano duciye mu mucyo kandi tuyobowe neza hirya no hino ku mugabane wa Afurika.

Mu mwaka wa 2021, African Parks yimuriye inkura zera 30 muri Pariki y’Igihugu ya Akagera. Uwo mubare wiyongereye ugera kuri 41 magingo aya.

Nk’uko biri mu itangazo rya RDB, bagize bati “Twubakiye kuri ubwo burumbuke, izindi nkura 70 zije kugira uruhare rukomeye mu kubaka amatsinda atandukanye (meta-populations) ku mugabane wose, bityo bitange amahirwe yo gukwirakwira kw’izo nyamaswa mu minsi iri imbere,”

Umuyobozi mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika yagize ati “Uburyo twiyemeje kurinda amoko y’inyamaswa ari mu kaga bufitanye isano n’icyerekezo cyacu cyo guteza imbere ubukerarugendo burambye, aho inyamaswa zibaho neza hamwe n’ahantu harinzwe neza nko muri Pariki ya Akagera bigira uruhare mu iterambere rirambye ry’abaturage n’abasura u Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Uyu ni umusingi ugaragaza uko twiyemeje kurinda ibidukikije by’u Rwanda no gutuma igihugu cyacu kiba ahantu hakurura abakunda ubukerarugendo bushingiye ku kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima. Turashimira abafatanyabikorwa bacu ku bufatanye n’ubwitange mu kurengera umutungo kamere wa Afurika.”

Mu 2007 ni bwo inkura ya nyuma yari mu Rwanda yapfuye mbere y’uko mu 2017 rwongera kwinjiza izindi  muri Pariki y’Igihugu y’Akagera. Icyo gihe hakiriwe inkura 18 z’umukara ziza kororoka, ubu zimaze kuba 34.

Mu 2021, u Rwanda rwahawe inkura zera 31, na zo zarorotse ubu zimaze kuba 41.

RDB ivuga ko iyinjizwa ry’inkura muri Pariki y’Akagera ryongereye umubare w’abayisura uva ku bihumbi 15 mu 2017, ugera ku bihumbi birenga 48 mu 2024.

Peter Fearnhead, Umuyobozi Mukuru wa African Parks, yashimiye Leta y’u Rwanda ku bufatanye no ku cyerekezo ifite, ishyaka mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, ndetse no ku nkunga y’ingirakamaro ya Howard G. Buffett Foundation, byagize uruhare rukomeye muri uku kwimura inkura.

Nk’uko bitangazwa n’Umuryango Mpuzamahanga uharanira kubungabunga inkura (IRF), ubujura bwo kwica imvubu muri Afurika bwiyongereye ku gipimo cya 4% kuva mu 2022 kugera mu 2023, aho nibura imvubu 586 zishwe muri 2023.

Loading

Dieudonne

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *