Abarenga ibihumbi 200 bagiye gukora ibizamini bya Leta

Abarenga ibihumbi 200 bagiye gukora ibizamini bya Leta

Ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza (PLE) bizatangira ku wa Mbere, tariki 30 Kamena, aho abanyeshuri 220,840 bazabyitabira, barimo abakobwa 120,635 n’abahungu 100,205.

Muri abo banyeshuri, harimo 642 bafite ubumuga bazahabwa ubufasha bwihariye, nk’uko bisanzwe bikorwa buri mwaka.

Ubufasha buzatangwa burimo impapuro z’ibizamini zanditse muri Braille ku bafite ubumuga bwo kutabona, impapuro zanditse mu nyuguti nini, ibyuma byihariye bifasha mu kwandika, abandikira abafite ubumuga bwo kutandika, n’igihe cy’inyongera mu gukora ibizamini. Ibi byose bigamije gutuma abana bafite ubumuga bakora ibizamini ku buryo buboroheye kandi buboneye.

Itangazo ryaturutse mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini no Kugenzura Ishuri (NESA) rivuga ko ibizamini bizatangizwa ku mugaragaro ku wa Mbere.

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, ni we uzayatangiza ku mugaragaro ku kigo cy’amashuri Groupe Scolaire Institut Filipo Simaldone giherereye mu Karere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali.

Uwo munsi nyine, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ikoranabuhanga mu burezi, Claudette Irere, azaba ari ku ishuri rya EP Saint Ignace mu Karere ka Rwamagana, Intara y’Iburasirazuba.

Abandi bayobozi bakuru b’inzego zifitanye isano n’uburezi bazatangiriza ibizamini ku bindi bigo by’ibizamini hirya no hino mu gihugu.

Ibizamini bya Leta ku rwego rw’igihugu bigamije gupima ubumenyi abana barangije Icyiciro rusange cy’Amashuri Abanza (Primari), no kubayobora mu itangwa ry’imyanya mu mashuri yisumbuye y’ibanze.

Amasomo azakorwamo ibizamini ni atanu: Imibare, Ikinyarwanda, Icyongereza, Siyansi n’Ikoranabuhanga ry’ibanze, ndetse n’Ubumenyi bw’Imibereho y’Abaturage n’Amadini.

Loading

Dieudonne

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *