Umukobwa w’imyaka 20 yifuza guhatanira kuyobora Uganda ahanganye na Perezida Museveni

Umukobwa w’imyaka 20 yifuza guhatanira kuyobora Uganda ahanganye na Perezida Museveni

Jorine Najjemba, w’imyaka 20, umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yatangiye urugendo rwo gushaka imikono izamufasha kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Uganda.

Uyu mukobwa ukomoka mu gace ka Nkowe afite intero igira iti: “Open Door, New Uganda for Everyone” (imiryango ifungurwe, Uganda nshya kuri bose). Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yari agiye gufata impapuro zo gutangiza igikorwa cyo gukusanya imikono, yasabye Abanya-Uganda kumushyigikira batitaye ku myaka ye cyangwa uko asa inyuma.

Najjembe yavuze ko intego ye ari ukugira Uganda ihe amahirwe buri wese, ahamagarira urubyiruko n’abaturage bose kumufasha muri uru rugendo rwo guhatanira kuyobora igihugu, nubwo azaba ahanganye na Perezida Yoweri Museveni umaze imyaka irenga 35 ku butegetsi.

Mu butumwa bwe, Jorine Najjemba yashimangiye ko igihe kigeze ngo urubyiruko rwihagararaho, rugire uruhare rufatika mu kuyobora igihugu. Yavuze ko kuba ari muto bidakwiye kuba imbogamizi, ahubwo ari amahirwe yo kuzana ibitekerezo bishya, ubuyobozi bushya, n’imiyoborere ishingiye ku kwihanganirana no gushyira imbere inyungu rusange. Yongeyeho ko yifuza guhindura isura ya politiki ya Uganda isanzwe irangwamo gutinya impinduka no kudaha ijambo abakiri bato.

Abakurikiranira hafi ibya politiki ya Uganda bavuga ko n’ubwo amahirwe ya Najjemba yo gutsinda ashobora kuba akiri make ugereranyije n’abanyapolitiki bakomeye, ibikorwa bye bifite icyo bivuze ku iterambere ry’igihugu. Hari bamwe mu rubyiruko bamaze gutangira kumushyigikira ku mbuga nkoranyambaga, aho bamufata nk’icyitegererezo gishya cy’impinduka zishoboka. Abahanga mu bya politiki bavuga ko ibyo akora bishobora gufungura inzira ku bandi bakiri bato bafite inyota yo kuyobora igihugu, bikagira ingaruka z’igihe kirekire ku isura ya politiki muri Uganda.

Umukobwa w’imyaka 20 yifuza guhatanira kuyobora Uganda ahanganye na Perezida Museveni

Loading

Nziza Rutare David

A professional journalism student in university of Rwanda huye campus, communicator and proofreader, freelancer and a journalist on radio salus, rotovizeri YouTube channel and run my own YouTube channel nziza RUTARE tourism and hospitality .

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *